Professional Documents
Culture Documents
Igitaramo rero cyari cyateguwe. Maze guhera saa yine z’ijoro, bose bamaze
guterana, amasengesho abimburirwa no kuzirikana no gusaba imbabazi z’ibyaha
byose. Rozari n’inzira y’Umusaraba ndetse n’ishapure y’impuhwe bigenda
bisimburana.
Karame.
Ndishimye.
Val. : Hi !
Val. : Hiii.
Araririmba :
Yezu ni inzira, ni Umwami ni n’urukundo.
Ni Umuhoza ni n’Umufasha, ni Nyirimpuhwe z’igisagirane.
Ni Umubyeyi, ni Umubyeyi. Ni Umubyeyi ni Nyirimbabazi.
Yarababajwe arababarira, yarakubiswe aca inkoni izamba.
Yatamirijwe amahwa arababarira.
Nyagasani(3x) ca inkoni izamba ntibazi icyo bakora
Nyagasani, Nyagasani, Data uri mu ijuru
Bababarire ntibazi icyo bakora.
Narababajwe narakubiswe, narasuzuguwe hano mu isi,
none Dawe ndababariye, ndababariye.
Araririmba :
Uri mwiza, uri mwiza, uri mwiza, uri mwiza
Reka ndabivuge, uri mwiza Yezu
Uri mwiza, uri mwiza. Uri mwiza, uri mwiza
Ariko ntabwo bavuga ngo uri “mwiza”. Ntabwo nzi kuvuga ibyo bavuga
kuko abayiririmbye sinzi ikirimi bavuga. Niba ari mwisa, niba ari muiza,
icyo nzi cyo nuko ari mwiza. Ariko abana barayiririmba ukumva ni byiza
koko.
Baravuga : Reka Mwami nkuririmbe, uri mwiza
Reka mvuge ibyo wakoze, uri mwiza
Reka nshinge intahe ndabivuge, uri mwiza !
Wumvise ntagerageje ?
Val. : Arijko se Papa, ubwo iyo ndirimbo ! Arasekaaa. Nyuma ati : Pardon !
Ubwo se iryo jwi ni irihe ? Uzi ko Maman buriya yagusetse !
Yezu : Ntabwo yansetse kuko nababwiye ko ari indirimbo ariko ari ibigwi
byanjye.
Ari ubutumwa !
Indi ndirimbo :
Val. : Hiii. Wabumvise se basenga ? Njyewe nari napfuye numvaga ibice bice.
Hi. Hii.
Val. : Ariko Papa, ibyo ..Wowe, kuki wumva ibyo ? Ibyo narabirenze.
Na Mama arabakunda.
Yezu : Ndabasetse !
Azabagaya !
Dawe uri mu ijuru, : abari aho bahita bakomeza isengesho, ariko baza
kubona ko Yezu we yahise yicecekera, na bo baraceceka.
Dawe, uri mu ijuru, izina ryawe ni ryubahwe, ingoma yawe yogere hose,
icyo ushaka
gikorwe mu nsi, nk’uko gikorwa mu ijuru, ifunguro ridutunga uriduhe
none, utubabarire ibicumuro byacu, nkuko natwe tubabarira
abaducumuyeho, ntudutererane mu bitwoshya, ahubwo udukize icyago.
Val. : Kera ?
Dawe uri mu ijuru, izina ryawe ryubahwe, ingoma yawe yogere hose, icyo
ushaka
gikorwe munsi, nkuko gikorwa mu ijuru, ifunguro ridutunga uriduhe
none, ntuzaduhore ibyaha byacu, nkuko natwe tutabihora ababitugirira,
ntuzaduhare ngo dutsindwe n’amoshya, ahubwo udukize icyago.
Bana banjye mugire urugendo rwiza kandi dukomeze tubane namwe muri
uyu munsi ukeye. Ariko ntimwongere kubwira umwana wanjye ngo
muvuye mu misa narye. Kuko igihe ntikiragera.